Umuhanzi wo muri Tanzania, Rajab Abdul Kahali wamenyekaniye ku izina rya Harmonize yahishuye uburyo Diamond Platinumz bakoreraga mu nzu itunganya umuziki umwe, yatumye atandukana n’umukobwa bakundanaga w’ikizungerezi.
Harmonize washinze inzu ye bwite itunganya umuziki yitwa ‘Konde Gang’ yabanje gukundana n’umukinnyi wa filimi wo muri Tanzania, Jacqueline Wolper mbere y’uko abana n’Umutaliyanikazi, Sarah Michelotti.